Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, yagize Jean-Guy Africa; Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), asimbura Francis Gatare uherutse kugirwa Umujyanama Wihariye muri Perezidansi ya Repubulika.

Iri shyirwaho rya Jean-Guy Africa nk’Umuyobozi Mukuru wa RDB, rikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Mbere tariki 13 Mutarama 2025.
Iri tangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, rivuga ko “None ku wa 13 Mutarama 2025, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yagize Bwana Jean-Guy Africa, Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDC).”
Jean-Guy Africa asimbuye Francis Gatare uherutse kugirwa Umujyanama Wihariye muri Perezidansi ya Repubulika, aho yari amaze umwaka n’amezi kuri izi nshingano, kuko yari yazihawe muri Nzeri 2023, ubwo yagarukaga kuyobora uru Rwego n’ubundi yigeze kuyobora.
@REBERO.RW
