Buri mwaka ku wa 4 Gashyantare ni Umunsi Mpuzamahanga wo kurwanya Kanseri ni urugendo rw’ubukangurambaga bwo kurandura kanseri, aho ubutumwa bwatanzwe bwibanze cyane kuri gahunda y’Igihugu igamije kurandura kanseri y’inkondo y’umura mu 2027.
Ni mu gihe u Rwanda rwitegura kwifatanya n’isi yose kuzirikana Umunsi Mpuzamahanga wo kurwanya Kanseri insanganyamatsiko igira iti: “Duhujwe n’Ubudasa”, buri wese akaba asabwa ku isuzumisha kugira ngo Kanseri y’inkondo y’umura irandurwe.
Abagore, abakobwa bakiri batoya cyane cyane abari mu mijyi baragirwa inama yo kwisuzumisha hakiri kare, kuko iyo ndwara igaragaye hakiri kare iravurwa igakira, niyo mpamvu mu Rwanda bihaye ingamba zo kuba bayiranduye muri 2027.
Ibipimo byerekana ko ingingo zijyanye na HSSP V kandi binahuzwa na NST-2 harimo igipimo cy’imfu z’ababyeyi bafite intego yo kugera 60 ku babyeyi 100.000 babyaye ari bazima, munsi y’impfu eshanu hapfa 20 ku 1000 bavutse ari bazima, ubwirinzi ku igwingira mu bana bari munsi y’imyaka itanu ni 15% hanyuma no kwikuba kane k’umubare w’abakozi bashinzwe ubuzima.

Ishyirwa mu bikorwa rya HSSP V risaba ishoramari rikomeye ry’amafaranga. Igiteranyo cyagereranijwe HSSP V ni 5.9 tiriyari y’amafaranga y’u Rwanda (miliyari 4.2 z’amadolari) mu cyiciro cya 1 na miliyoni 6.9 z’amafaranga y’u Rwanda (miliyari 4.9 $) mu cyiciro cya 2.
Ibikoresho biteganijwe kuboneka biva ahantu hatandukanye bivugwa ko angana na tiriyari 4.7 z’amafaranga y’u Rwanda ($ 3.4), byerekana icyuho cyo gutera inkunga ingana na miliyoni 1.2 z’amafaranga y’u Rwanda (miliyoni 878.4 z’amadolari) mu cyiciro cya 1 na miliyoni 2.2 z’amadorari (miliyari 1.6 $) mu cyiciro cya 2 muri iyi myaka itanu iri imbere. Ikigereranyo cyo gutera inkunga muri rusange ni 21% na 32%, ukurikije 1 na 2.
Dr. François Uwinkindi, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Kurwanya Indwara Zitandura mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), avuga ko siporo ari umuti ndetse n’urukingo mu kurwanya indwara nyinshi zitandura.
Agira ati: “Mubyo twiyemeje ni uko mu myaka itatu kanseri y’inkondo y’umura izaba yamaze kuranduka mu Rwanda, bityo abangavu ndetse n’abana b’abakobwa bakiri bato bari mu myaka 12 ko bakomeza kwikingiza, bityo abagore batuye mu mujyi bafite guhera ku myaka 30 bikingize ndetse banisuzumishe”.

Yakomeje avuga ko iyo bayisuzumishije hakiri kare kanseri y’inkondo y’umura irakira, kandi dufate ingamba yo gukora Siporo kuko abanyamujyi cyane cyane abagore ikigero cyo gukora siporo kiracyari hasi ugereranije n’abandi bo muzindi Ntara.
Indwara zitandura (NCDs) ziragenda ziyongera cyane mu Rwanda. Ibipimo byiganjemo ni 16% ku ndwara ziterwa n’umuvuko w’amaraso (hypertension) na 2,9% kuri diyabete yo mu bwoko bwa 2. Abenshi mu barwayi bafite indwara zitandura (NCDs) bayoborwa ku bigo nderabuzima bagera kuri 77%. Bivugwa ko kanseri muri gahunda y’ibikorwa by’ubuzima by’imyaka itanu kuva muri Nyakanga 2024 – Kamena 2029 igaragaza ko Kanseri yiyongereye kuva kuri 633 mu 2007 zigera ku 5.263 mu 2022, impfu za 23%.
Impamvu nyamukuru zishobora gutera indwara zitandura (NCDs) ni kunywa itabi bingana na 7.1%, kunywa inzoga bingana 48.1%, naho umubyibuho ukabije ni 18,6%. Abagore bagerwaho cyane cyane niki kintu cyanyuma, hamwe 26% bagaragara mu bafite ibiro byinshi naho 7.4% ni umubyibuho ukabije, nkuko byagaragajwe n’ubushakashatsi bwakozwe muri 2022
@Rebero.rw
