Ushinzwe ibikorwa muri Strive foundation Rwanda Ruzibiza Léopold (wambaye umuhondo) n'umuyobozi w'ishami ry'ubuzima mu karere ka Rusizi Gatera Egide ( wambaye ingofero) bashyikiriza Nyirabatesi Costasie n'umuryango we inzu
Mu byishimo byinshi,imiryango 11 ya Rusizi na Nyamasheke yararaga rwa ntambi,irimo 8 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, 1 w’uwirukanywe muri Tanzaniya muri 2014 n’indi 2 y’abandi baturage batishoboye yashimiye umuryango nyarwanda Strive foundation Rwanda inzu wayihaye isezerera ubuzima bwo kubunza imitima.
Nyirabatesi Costasie wari umaze imyaka 6 mu nzu iva, yirukananywe muri Tanzaniya n’umugabo n’abana 3 muri 2014. Ageze mu Rwanda yacumbikiwe mu nkambi ya Mahama mu karere ka Kirehe amezi 8,nyuma azanwa mu Murenge wa Nkanka,Akarere ka Rusizi muri 2015 n’umugabo bahabyarira umwana wa 2.
Bamaze umwaka umwe gusa umugabo yamutanye abo bana n’ubu ntazi aho ari,imyaka 10 irihiritse. Avuga ko ubuzima bwakomeje kumusharirira,inzu yari yarubakiwe n’Akarere itari imeze neza amabati arasaza atangira gutobagurika,bakayinyagirirwamo, igeraho irahengama hafi yo kubagwaho.

Nyirabatesi Costasie n’umuryango we mu ifoto y’urwibutso n’abayobozi
Ati’’ Akarere kabonye igiye kutugwaho, tuyinyagirirwamo, kugeza aho twayihunze tukajya turara mu gitsinsi cy’insina twanga ko yatugwaho dusinziriye tukayipfiramo,Akarere kabibonye kayidukuramo karaducumbikishiriza kugeza kadushakiye aba bagiraneza batwubakira iyi badushyikirije.’’
Yarakomeje ati’’ Ni inzu nziza yagutse,abana babona aho barara bisanzuye n’umushyitsi wadusura nkabona aho muraza. Bayimpanye n’inyana nziza ngiye korora neza mu minsi iri imbere nkazaba nywa amata. Ndashimira cyane perezida Kagame watwakiriye neza tumaze kwirukanwa muri Tanzaniya akadha aho tuba, nkanashimira Strive foundation Rwanda impaye inzu,ibiryamirwa n’ibindi ikananyoroza. Nta kabuza ubuzima bugiye guhinduka.’’
Turikumwe Jean wo mu Mudugudu wa Kanoga,Akagari ka Shagasha,Umurenge wa Gihundwe, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko yabaga mu kazu k’icyumba kimwe yari yarigondagondeye kuko atigeze yubakirwa, kakaba kari kagiye guhirima.

Strive foundation Rwanda yanamuhaye inka inamukorera akarima k’igikoni
Ati’’ Strive idukuye habi cyane. Twari tumaze imyaka 6 tunyagirirwa muri ako k’icyumba kimwe nari naragabanijemo kabiri ngo abana babone aho barara. Inzu mpawe n’ibiyiherekeza birimo ibiryamirwa biranshimishije cyane. Igisigaye ni uguharanira iterambere kuko icyanzongaga gikemutse.’’
Abihuriraho na Mwemerankiko Pascal wo mu Mudugudu wa Gasharu,Akagari k’Impala,Umurenge wa Bushenge,Akarere ka Nyamasheke, na we warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, uvuga ko yari yarabuze aho yerekeza umugore n’abana be 5 kuko inzu babagamo yari yaramaze kugwa igice kimwe cyo haruguru, bikanga ko n’ibindi bice byazabagwira bayirimo.
Ati’’ Nari ngeze aho imvura igwa mu byumba by’abana nijoro kuko twe icyo twararagamo cyakanyakanyaga, tukabyuka tukabimuriramo twe tukajya muri kimwe muri ibyo imvura igwamo yahita tukabasubizayo,ubuzima bukaba ubw’agahinda n’imibabaro gusa.’’

Mwemerankiko Pascal wabaga mu nzu yamuguyeho ,we n’umuryango we bashimira inzego zose zaje kumushyikiriza inzu yubakiwe na Strive foundation Rwanda
Yongeyeho ati’’ Hehe no kongera kunyagirirwa mu nzu. Ndashimira mbere na mbere perezida Kagame waturokoye.Iyo atitanga ngo aturokore n’ibi bindi twishimira ntibiba biriho. Turanamushimira iyi nzu kuko byose ni we tubikesha. Turanashimira cyane ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke na Strive foundation Rwanda ku bw’iki gikorwa cy’indashyikirwa badukoreye. Ubwo aho kurambika umusaya habonetse ibyo kuharira ntibizabura. Turi intore ibindi bisubizo tuzabyishakamo.’’
Ruzibiza Léopold ushinzwe ibikorwa muri Strive foundation Rwanda,avuga ko,nk’umuryango nyarwanda wibanda cyane ku kwita ku bana n’abagore, bababara cyane iyo hari umwana n’umugore wo mu gice bakoreramo utagira aho aba cyangwa ufite ibindi bibazo by’ubuzima,akaba ari muri urwo rwego aba bubakiwe.
Ati’’ Inzu n’ibiyiherekeza duha uwo twubakiye bibarirwa agaciro ka miliyoni 5 z’amanyarwanda. Hari abo duha inka cyangwa amatungo magufi bitewe n’itungo uwubakiwe yashobora,icyo tuba tugamije ni uko uwo duhaye inzu ahindura ubuzima,akabaho neza n’umuryango we,ni na cyo tuba tubifuriza.’’

Yavuze ko bazakomeza gufatanya n’ubuyobozi bw’utu turere twa Rusizi na Nyamasheke kubakira abo bigaragara ko babikeneye cyane uko ubushobozi buzagenda buboneka, aboneraho gusaba uhawe ubufasha kubufata neza,akabubyaza umusaruro agamije kwigira.
Ni igikorwa cyashimishije cyane ubuyobozi bw’utu turere twombi. Gatera Egide uyobora ishami ry’ubuzima mu karere ka Rusizi,yavuze ko ubuzima bwiza butangirara aho umuntu aba. Uguhaye inzu aba aguhaye ubuzima anakwifurije kubaho neza.
Ati’’ Ni yo mpamvu dushimira cyane Strive foundation Rwanda. Ni umufatanyabikorwa mwiza,udufasha kubonera abaturage bacu aho baba iyo batahagiraga, tukaba tumuha agaciro gakomeye cyane nk’ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi.’’
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke wungirije ushinzwe imbereho myiza y’abaturage, Mukankusi Athanasie na we ashimira Strive foundation iki gikorwa gikomeye, gifasha akarere kubonera abaturage bako aho baba.
Ati’’Iyo baje bakadufashiriza abaturage nk’uku turishima cyane,cyane cyane ko baba bateruye aharemereye abaturage bacu batari gushobora,natwe nk’akarere bakadutura uwo mutwaro wari uturemereye.’’

Abayobozi batandukanye barimo Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mukankusi Athanasie ( hagati wambaye indorerwamo) mu ifoto y’urwibutso n’umuryango wa Mwemerankiko Pascal
Yunzemo ati’’ Uyu munsi turashima cyane Strive foundation Rwanda ibi bikorwa bitibanda ku nzu gusa,binibanda ku gufasha abana b’imfubyi bakabona aho kuba,bakiga,bakanabafasha mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe,n’ibindi.’’
Uretse mu turere twa Rusizi na Nyamasheke, strive foundation Rwanda inakorera mu turere twa Huye,Gasabo,Kicukiro,Nyarugenge, Nyagatare,Gatsibo na Ngoma.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke buvuga ko bugifite imiryango 7000 irara rwa ntambi irimo 2994 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bugasaba Strive foundation Rwanda n’abandi bafatanyabikorwa gukomeza kubaba hafi ngo barebe ko n’iyi miryango yose yabona aho kuba.

Musabyimana Frederick n’umuryango we batuye mu Mudugudu wa Gashari, Akagari k’Impala, Umurenge wa Bushenge na bo bashyikirijwe inzu

Mpakaniye Jean (I bumoso n’umugore we) batuye Umudugudu wa Runyinya, Akagari k’Impala,Umurenge wa Bushenge na bo bishimiye inzu bubakiwe
@Rebero.rw
