Benshi biteze kureba niba agahenge kasabwe na Pereia João Laurenço wa Angola gatangira kubahirizwa kuva saa sita z’amanywa kuri uyu wa gatatu hagati y’ingabo za leta ya DR Congo n’imitwe y’inyeshyamba bahanganye mu burasirazuba bw’iki gihugu.

Nk’uko Laurenço yari yabisabye impande zombi, leta ya Kinshasa yemeye kumugaragaro iyubahirizwa ry’ako gahenge uyu munsi.
Benjamin Mbonimpa, umunyamabanga wa AFC/M23 ku wa gatanu ushize avuga ku gahenge kasabwe na Angola yagize ati: “Ntitwumva inzira ya Angola”, ashimangira ko bo bitaye ku buhuza bwa Qatar.
Aka gahenge kagomba kubahirizwa uyu munsi kasabwe mugihe muri iki cyumweru mu karere k’imisozi miremire ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Epfo hakomeje imirwano.
Ingabo za leta zifatanyije na Wazalendo n’ingabo z’u Burundi zirimo kurwana n’abarwanyi ba Twirwaneho bafatanya na M23, bashinjwa na Kinshasa ko bafashwa n’ingabo z’u Rwanda.
Mu kwezi gushize ingabo za FARDC zatangaje ko zifite intego yo kwisubiza ku ngufu agace ka Minembwe Centre kamaze umwaka gafashwe n’abarwanyi ba Twitwaneho.

Imirwano ikomeye muri iki cyumweru yavuzwe hafi y’agace k’ingenzi mu bya gisirikare ka Point-Zero kari ku ntera ya kilometero zisaga 100 mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Uvira.
M23 ivuga ko itarebwa n’inama zabereye i Lome muri Togo n’i Luanda muri Angola mu kwezi gushize no muri uku kwezi “kuko itazitumiwemo” kandi “itamenyeshejwe”.
Izo nama ziri mu muhate w’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika wayoborwaga na João Laurenço, wagennye Perezida Faure Gnassingbe wa Togo nk’umuhuza muri iki kibazo, ukanashyiraho itsinda ry’abahuza rikuriwe na Olusegun Obasanjo.
Impande zihanganye, mbere zagiye zumvikana agahenge ariko ntikubahirizwe. Buri ruhande rugashinja urundi ko ari rwo ruhonyora ibyumvikanyeho rukaba urwa mbere gutera.
Agahenge kasabwe na Perezida wa Angola kugeza ubu uburyo bwo kugenzura iyubahirizwa ryako ntabwo ryatangajwe.
@REBERO.RW
