U Rwanda rwifatanyije n’Isi mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umwuka Mwiza, aho abitabiriye ibikorwa byo kuwizihiza bibukijwe ko kurinda ikirere no kugabanya imyuka ihumanya bisaba uruhare rwa buri wese, kuva ku muturage usanzwe kugeza ku nganda n’ibigo bikoresha ibinyabiziga.
Uyu munsi wizihijwe ku wa 11 Nzeri 2026, ufite insanganyamatsiko igira iti: “Umwuka mwiza ku buzima, iterambere n’ahazaza harambye.”
Juliet Kabera yabigarutseho mu ijambo ry’ikaze yagejeje ku bitabiriye ibirori byo ku rwego rw’igihugu byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umwuka Mwiza (International Day of Clean Air for Blue Skies).
Yavuze ko insanganyamatsiko y’uyu munsi ari ubutumwa bukomeye bukwiye kwibutsa buri wese ko hari ibikorwa byinshi bishobora gukorwa mu rwego rwo guteza imbere ubwiza bw’umwuka no kuwurinda kwanduzwa.

Ati: “Hari byinshi dushobora gukora kugira ngo ubwiza bw’umwuka burusheho kuba bwiza kandi dukomeze kugira umwuka usukuye. Iyi nsanganyamatsiko yongeye kutugarurira ubwo butumwa.”
Kabera yashimangiye ko u Rwanda ari igihugu umutungo ukomeye ari abantu, bityo ko kurengera ubuzima bwabo bikwiye guhabwa umwanya w’ibanze mu bikorwa byose bigamije guteza imbere igihugu.
Ati: “Nk’igihugu umutungo wacyo ukomeye kurusha iyindi ari ubushobozi bw’abantu, tugomba gukora ibishoboka byose kugira ngo turinde ubuzima.”
Yagaragaje ko kurinda umwuka abantu bahumeka ari kimwe mu bikorwa bigomba gukomeza gushyirwamo imbaraga, kuko ubwiza bw’umwuka bugira uruhare rutaziguye ku buzima, imibereho myiza n’iterambere rirambye.
Mu bikorwa byo kwizihiza uyu munsi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibidukikije, Fidele Bingwa, yashimangiye ko ubukangurambaga ku kurengera ibidukikije bukwiye gukomeza, kuko impinduka mu buryo abantu babaho n’uburyo inganda zikora zitabaho umunsi umwe.
Yavuze ko abaturage bakwiye guhozaho bigishwa uburyo bwo kurinda ikirere, ndetse bakamenya ko ibikorwa bya buri munsi bishobora kugira uruhare mu kwangiza cyangwa kurengera umwuka duhumeka.
Ati: “Bigomba kugenda bikorwa buhoro buhoro aho ubu habonetse imodoka zikoresha amashanyarazi ndetse na moto. Ubu twatangiye no mu nganda aho bagomba kwirinda kohereza mu kirere ibyuka bigihumanya.”

Fidele Bingwa yavuze ko kuba hari ibikorwa bitandukanye bigamije kugabanya imyuka ihumanya ikirere ari intambwe nziza, ariko ko hakenewe gukomeza kubaka umuco wo kurengera ikirere mu buzima bwa buri munsi.
Yagaragaje ko impinduka nk’izi zitagomba gutegerezwa mu gihe gito, ahubwo ko ari urugendo rusaba ubukangurambaga buhoraho kugira ngo abaturage n’ibigo bitandukanye bagende babigira umuco.
Ati: “Ntabwo ari ibintu byakorwa umunsi umwe, ariko ni uguhozaho. Buhoro buhoro bizagenda bimenyerwa.”
Yatanze urugero ku bikorwa byo mu ngo, asaba abaturage kujya bazirikana n’uburyo batekamo, kuko umwotsi ukomoka ku guteka na wo ushobora kugira ingaruka ku buzima no ku bwiza bw’umwuka.
Ati: “Burya umuturage iyo ateka agomba kureba niba nta myotsi isohoka ku buryo yakwangiza ikirere.”
Inganda na zo zirasabwa kugabanya imyuka ihumanya
Mu gihe u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu bikorwa bigamije kurengera ibidukikije no kugabanya imyuka ihumanya ikirere, hibandwa no ku bikorwa by’inganda, ubwikorezi ndetse n’uburyo ingufu zikoreshwa.
Abitabiriye Umunsi Mpuzamahanga w’Umwuka Mwiza bagaragaje ko kurengera ikirere bidakwiye kureberwa gusa mu ndorerwamo yo kugabanya umwotsi, ahubwo ko hakwiye no kurebwa uburyo imyanda ikomoka ku bikorwa bitandukanye yakongera gukoreshwa.

Batanze urugero ku myanda y’inganda, bavuga ko ikintu gishobora gufatwa nk’imyanda n’uruganda rumwe gishobora kuba umutungo ukenewe n’urundi.
Ni igitekerezo gishingiye ku ihame ryo kongera gukoresha no guha agaciro imyanda, bityo bikagabanya imyanda ijugunywa ahantu hatandukanye ndetse n’ingaruka ishobora kugira ku bidukikije.
Imyanda y’uruganda ishobora kuba umutungo w’urundi
Mu ngero zatanzwe harimo amabarizo, aho abitabiriye bagaragaje ko ibikoresho bisigara cyangwa bimwe mu byangirika bishobora kongera gukoreshwa mu gukora ibindi bikoresho.
Bavuze ko amabarizo ashobora kuvamo inzugi, ibikoresho byo gucanisha ndetse n’ameza, aho kuba imyanda itabwa ahantu ikaba yakwangiza ibidukikije.
Ibi byagaragajwe nk’uburyo bwo guhuza kurengera ibidukikije n’iterambere ry’ubukungu, kuko kongera gukoresha imyanda bishobora gutuma ibikoresho bisigaye mu ruganda bihabwa agaciro, bikongera kwinjizwa mu bikorwa by’umusaruro.
Abitabiriye uyu munsi kandi bagaragaje ko imyumvire nk’iyi ikwiye gukomeza gukwirakwizwa mu baturage no mu bikorera, kugira ngo imyanda itangire kurebwa nk’igikoresho gishobora kongera kugira akamaro aho gufatwa nk’ikintu cyo kujugunya gusa.
Umwuka mwiza ushingiye ku bikorwa bya buri munsi
Umunsi Mpuzamahanga w’Umwuka Mwiza wibutsa ko umwuka mwiza ari ingenzi ku buzima bw’abantu, iterambere ry’imijyi n’imibereho myiza y’abaturage.
Mu Rwanda, gahunda zo guteza imbere ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi, kunoza uburyo bwo guteka, kugenzura imyuka iva mu nganda no guteza imbere imikoreshereze myiza y’imyanda biri mu bikorwa bishobora kugira uruhare mu kuzamura ubwiza bw’umwuka.

Ubutumwa bwatanzwe muri uyu munsi bwibanze ku kuba kurengera ikirere atari inshingano z’inzego za Leta gusa. Umuturage, uruganda, umucuruzi, umushoferi ndetse n’ibindi byiciro byose by’abaturage bifite uruhare mu kugabanya ibitera umwuka mubi.
Ku ruhande rw’abaturage, gukoresha uburyo bwo guteka butangiza ikirere, kwirinda gutwika imyanda mu buryo butagenzuwe no kugira uruhare mu isuku y’aho batuye ni bimwe mu bikorwa bishobora gufasha.
Ku nganda, hakenewe gukomeza kugenzura no kugabanya imyuka isohokera mu kirere, mu gihe mu bwikorezi hakomeje gutezwa imbere ibisubizo bitangiza ikirere, birimo ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi.
Ubutumwa bwatanzwe kuri uyu munsi bugaragaza ko umwuka mwiza utagerwaho n’igikorwa kimwe, ahubwo ko usaba uruhererekane rw’impinduka nto n’inini zikorerwa hamwe kandi mu buryo buhoraho.
Ni muri urwo rwego inzego zishinzwe ibidukikije zisaba ko ubukangurambaga bukomeza, kugira ngo kurengera ikirere bibe umuco uhera ku bikorwa bya buri munsi, ugakomereza mu nganda no mu mijyi, kugeza ku rwego rw’igihugu.
Kuri ubu, ubutumwa bw’ingenzi bwagarutsweho ni uko kurinda umwuka duhumeka ari ukurinda ubuzima bw’abantu, guteza imbere ubukungu no gutegurira ibisekuruza bizaza ahazaza harambye.
@Rebero.rw
