Byari urugamba rukomeye nubwo wabonaga ko APR W BBC yari yaje yiyemeje
Ikipe ya APR W BBC yatsinze REG W BBC amanota 86-85 mu mukino wa kabiri wa Cheetah Energy RBL Playoffs 2026, wabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 10 Kanama 2026, bituma amakipe yombi anganya umukino umwe kuri umwe.

Ni umukino wabaye mu buryo bukomeye, aho APR W BBC yabashije gutsinda REG W BBC ku manota 86-85, nyuma y’uko REG W BBC yari yabanje gutsinda umukino wa mbere. Ibi bivuze ko ikipe izatsinda umukino wa gatatu ari yo izabona amahirwe yo gukomeza mu cyiciro gikurikiyeho.
Mbere y’uyu mukino, mu bagore, The Hoops yatsinzwe na Kepler amanota 40-45. Na ho aya makipe ubu anganya umukino umwe kuri umwe, bityo na yo akaba ategereje umukino uzagena ikipe izakomeza.

Iyi mikino irangwa n’ishyaka n’amarushanwa akomeye, aho buri kipe iri gukora ibishoboka byose kugira ngo ibone intsinzi kandi ikomeze urugendo rwayo muri playoffs.
Nyuma y’imikino y’abagore, harakurikiraho imikino y’abagabo, aho APR BBC ihura na REG BBC mu mukino wa gatatu, uteganyijwe gutangira saa 19:00.
Aya makipe yombi na yo amaze gukina imikino ibiri, buri imwe ikaba yaratsinze umukino umwe, bivuze ko uyu mukino wa gatatu ari uw’ingenzi mu kumenya ikipe izegukana uru rugamba.

Umutoza Mushumba ntabwo yari yorohewe ariko yajyaga inama n’abagenzi be
Cheetah Energy RBL Playoffs 2026 ikomeje gutanga imikino ikomeye, aho amakipe ari guhatanira kubona itike yo gukomeza, buri mukino ukaba ufite agaciro gakomeye.
Nubwo hari amakipe yatangiye neza, urugamba ruracyakomeje, kuko imikino ikurikira ishobora guhindura isura y’iri rushanwa ndetse ikagena amakipe azakomeza mu byiciro bikurikiraho.
@Rebero.rw
