Ikipe ya Rayon Sports FC yageze i Kigali ivuye muri Cameroon, nyuma yo gukina umukino ubanza w’ijonjora rya mbere rya CAF Confederation Cup 2026.
Rayon Sports yari yagiye muri Cameroon guhura na Panthère Sportive du Ndé, mu mukino wabereye muri icyo gihugu ukarangira amakipe yombi anganyije igitego 1-1.

Kunganya muri uyu mukino biha Rayon Sports amahirwe yo kwishakira intsinzi imbere y’abafana bayo mu mukino wo kwishyura, uteganyijwe kubera i Kigali ku Wa Gatandatu, tariki 12 Nzeri 2026.
Ikipe izatsinda imikino yombi cyangwa ikagira umusaruro mwiza mu mikino ibiri ni yo izakomeza mu cyiciro gikurikiraho cy’ijonjora rya CAF Confederation Cup.
Rayon Sports irasabwa kwitwara neza imbere y’abafana bayo kugira ngo ibashe gukomeza urugendo rwayo muri iri rushanwa rihuza amakipe akomeye ku mugabane wa Afurika.
Abafana ba Rayon Sports bakaba biteganyijwe ko bazitabira uyu mukino ku bwinshi, mu rwego rwo gushyigikira ikipe yabo no kuyifasha gushaka itike y’icyiciro gikurikiraho.
@Rebero.rw
