Abarwanyi ba M23 bivugwa ko bashyigikiwe na Uganda uvuga ko kuri uyu wa gatandatu wafashe umujyi wa Masisi inyuma y’imisi ine intambara ibica bigacika mu nkengero zuwo mujyi.
Umujyi wa Masisi uri ku birometero 80 mu burengero bwa Goma. uyu mujyi ufashwe nyuma y’umujyi wa Katale
“Abarwanyi ba M23 binjiye mu mujyi wa Masisi ku wa gatandatu isaha umunani, kandi nta ntambara yabaye mu mujyi hagati, nk’uko bivugwa na Olivier Kanyejomba uyobora ishyirahamwe ‘Société Civile Congolaise’ rifite icyicaro mu mujyi wa Masisi“.

Olivier akomeza avuga ko intambara zikaze zabereye i Gasheberi mu nkengero z’umujyi wa Masisi.
umuvugizi wa M23, Willy Ngoma, yabajijwe nimba koko ari bo bagenzura uwo mujyi wa Masisi asubiza ati “Yego.” Ariko akomeza agira ati: “ turi indani kandi abaturage bafite umutekano nkuko nabo babyemeza.”
Umuvugizi w’igisirikare cya RD Congo muri ako karere, Col Guillaume Njike Kaiko yabajijwe iyyerekeranye n’ifatwa ry’Umujyi wa Masisi, ntiyabyemeza cyangwa ngo abihakane.
Bivugwa ko abasivire bamwe bahungiye ahitwa Nyabyondo, ariko ko hari n’abandi bagumye mu misozi yabo.
Willy Ngoma agira ati:”Mwarakoze kwihangana. Ntibyari byoroshe kwihanganira abazalendo na FARDC, babiba ariko ntimukakaze. Mwarihanganye bikwiye. Umwanya n’uyu urashyitse kugira tubatabare. Kubera bagenzi banyu b’i Lubero twarabatabaye, abo i Rutshuru, abo i Rubaya n’ahandi.“
Bivugwa ko ifatwa ry’uwo mujyi ari uburyo bwiza ku barwanyi ba M23 ko gushobora kwigarurira undi mujyi ukomeye wa Walikare.

Abenegihugu bavuga ko intambara zikaze cyane zirimo kubera i Rwangara, hari ibirombe by’amabuye y’agaciro.
M23 igenda yigarurira ibice binini birimwo amabuye y’agaciro.
Ibyo bishobora gutuma ibona uburyo bwinshi buvuye mu maboko y’amakompanyi acukura ubwo butare.
Mu mwaka ushize, byasaga n’uko Angola yateye intambwe mu ntumbero yo guhuza perezida Felix Tshisekedi wa Congo na Paul Kagame w’Urwanda mu biganiro by’amahoro.
Ariko ibyo biganiro ntibyabaye bikiba mu kwezi gushize, bituma intambara zisubira gukomeza, abasivire na bo bakomeza guhunga barokora ubuzima bwabo.
@Rebero.rw
