Kuri uyu wa Kabiri, abantu icyenda baherutse kwicwa n’inkuba mu Murenge wa Jarama, Akarere ka Ngoma, bashyinguwe mu irimbi rya Kiriko riherereye mu Murenge wa Sake, mu muhango witabiriwe n’abayobozi n’abaturage banihanganishije imiryango yabuze ababo.

Abantu 9 bakubiswe n’inkuba ku mugoroba wo ku Cyumweru gishize, ubwo bari mu Murenge wa Jarama, basezeweho bwa nyuma mbere yo gushyingurwa mu Irimbi ry’ahitwa Kiriko riri mu Murenge wa Sake mu Karere ka Ngoma.
Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri, cyitabiriwe n’abayobozi banyuranye bo mu Ntara y’Iburasirazuba, abo ku rwego rw’Akarere ka Ngoma ndetse n’imiryango yabuze ababo.

Abakubiswe n’inkuba bose bari 15, muri bo 9 bahise bitaba Imana, abandi 6 bakurikiranirwa kwa muganga barakira. Mu bishwe n’inkuba, umukuru muri bo yari afite imyaka 35 mu gihe umuto yari afite imyaka 5.
@REBERO.RW
