Ubwo abayobozi bafataga ifoto y'urwibutso nyuma yo gutangiza isuzuma mpuzamahanga PISA 2025
Isuzuma mpuzamahanga rya PISA ribaye ku nshuro ya 9 mu Rwanda akaba ari inshuro ya mbere, irizakurikiraho rikaba rizaba muri 2029, ibisubizo byiri suzuma mpuzamahanga bikaba bizaboneka muri 2026.
Mu Rwanda amashuri 213 niyo azitabira iri suzuma rya PISA muriyo amashuri 164 akaba ari amashuri abarizwa mu cyaro, naho amashuri 49 akaba abarizwa mu mijyi, bityo abanyeshuri 7,455 nibo bazitabira iri suzuma rya PISA 2025.
Ubwo yatangizaga iri suzuma rya PISA 2025, mu kigo cya mashuri cya ES Kanombe/ EFOTEC, Dr Bahati Bernard umuyobozi mukuru w’ Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) yasobanuriye abanyeshuri uko iryo suzuma riba rimeze kuko ari ubwa mbere rigiye gukorwa mu Rwanda, ndetse anabereka bimwe mu bibazo biba birigize.
Muri abo banyeshuri bazakora iryo suzuma mpuzamahanga ni abafite imyaka 15 ndetse n’abafite imyaka 16 n’amezi abiri, iri suzuma mpuzamahanga rikaba rizakorerwamo imibare, Science ndetse n’icyongereza.
Umwe mu banyeshuri witeguye kuzarikora naramuka atoranyijwe muri 35 Ingabe Petia Gerardine wiga mu mwaka wa gatatu muri ES Kanombe/EFOTEC yemeza ko azarikora neza kuko nibindi yagiye yitabira yabyitwayemo neza.

Agira ati: “ Niteguye ko iri suzuma rizatuma twitinyuka cyane cyane abana b’abakobwa kuko benshi baritinya, ariko ku ruhande rwanjye nzabatinyura kuko nayo nagiye nitabira naratsindaga iri suzuma rero rwose niteguye ko nzaryitwaramo neza, bityo ceritificate tuzahabwa zizatugirira akamaro nitumara gukura, kuko zizaba zerekana ko twitabiriye PISA 2025”.
Umuyobozi w’Ikigo cy’amashuri cya ES Kanombe/EFOTEC Tumukunde Monica yatangiye avuga ko ari amahirwe adafitwe na benshi kuko bahatangirije igikorwa cy’isuzuma mpuzamahanga kandi n’ikigo cya ES Kanombe/EFOTEC hakaba hazakorerwa isuzuma mpuzamahanga.

Agira ati: “Abarezi n’abanyeshuri bagize amahirwe yo gusobanukirwa niki gikorwa tugiye kwinjiramo ku bijyanye niri suzuma kandi dukomeza no gutegura abanyeshuri kugira ngo igihe cy’isuzuma nikigera bazabe bamaze kwitegura, kuko ubu turabafasha gusubiza ibibazo byagiye bibazwa mu myaka yashize”.
Yakomeje avuga ko inama bagira abanyeshuri mu myigire badakwiriye kujya babona inyuguti uko bayireba ngo bumve ko ariko bahita bayisubiza ahubwo bibasaba kubanza kurushaho kubitekerezaho, kuko ni nacyo mbona bizadufasha cyane gutegura abanyeshuri uburyo bagomba gusubiza babanje kubitekerezaho, icyo abajijwe mbere yo gusubiza akabanza kugitekerezaho akabona gusubiza.
Dr Bahati Bernard Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), avuga ko ari isuzuma ryitezweho byinshi rizerekana uko uburezi buhagaze mu Rwanda, ndetse no kutwereka uko abanyeshuri bacu bahagaze ku rwego mpuzamahnaga.

Agira ati: “Iri suzuma ryatangijwe n’Umuryango Mpuzamahanga w’Ubukungu, Ubufatanye n’Iterambere (OECD) aho muri ibyo bihugu abana bageze ku myaka 15 baba bamaze gukora uburezi kandi akaba ageze igihe cyo kwifatira icyemezo cyo kujya mu buzima busanzwe cyangwa se akaba yakomeza amasomo yisumbuyeho.”
Iri suzuma ryitabirwa n’ibihugu 91 birimo ibihugu 5 bya Afurika aribyo u Rwanda, Kenya, Zambiya, Maroc ndetse na Misiri, bityo rero iyo bafashe abana b’imyaka ingana bituma byorohera kumenya ubushobozi bwabo bana.
Uburyo bw’imibarize bwa PISA butandukanye n’uburyo bw’isuzuma risanzwe rikoreshwa, kuko ni isuzuma ritabaza ibyo umwana yiga mu bitabo ahubwo ni isuzuma risaba abanyeshuri gukoresha ibyo bize muri ariya masomo atatu yavuzwe haruguru mu gukemura ibibazo byo mu buzima busanzwe.
@Rebero.rw
