Inzu y'agaciro ka 5.000.000 itorero ADEPR ryashyikirije Mukamurera Agnès
Mukamurera Agnès w’imyaka 60, utuye mu mudugudu wa Ntenyi,akagari ka Rubugu,umurenge wa Rwimbogo,akarere ka Rusizi, umaze imyaka 25 atawe n’umugabo wamusigiye abana 4 mu kazu k’amabati 9 kendaga kumugwaho, arashima Imana kubw’inzu nziza y’agaciro ka 5.000.000 yujurijwe n’itorero ADEPR Béthel ,paruwasi ya Gashonga.
Ku mushyikiriza iyi nzu byabaye ku wa 1 Gicurasi,2025, bibanzirizwa n’ibindi bikorwa by’iri torero birimo kubatiza abayoboke 8 bashya, gufatanya n’ubuyobozi bw’umurenge wa Rwimbogo igikorwa cyo gusezeranya imiryango 6 yabanaga bitemewe n’amategeko, nyuma yo kuyimushyikiriza hakurikiraho gusezeranya imbere y’Imana imiryango 10 irimo iriya 6 yasazeranye mu mategeko.
Mukamurera Agnès wavuze ko yari yarasabye Imana kutazagira umushyitsi n’umwe imugereza mu rugo kubera kubura aho abicaza n’icyo abakiriza, aho ako kazu kavaga kose imvura iguye,akaba yaryamaga,imvura yagwa akabunza imitima yikanga ko kamugwaho, aravuga ko ari umuhamya wo guhamya ko Imana ihindura amateka.
Ati’’ Ndi umuhamya wo guhamya imirimo itangaza y’ Imana. Nari narayisabye kutazanyoherereza umushyitsi n’umwe kuko ntaho nari kumwicaza,nta n’icyo nari kumugaburira. Umugabo amaze imyaka 25 antanye abana 4 mu kazu kabi k’amabati 9. Nashoboye kubarera barakura ariko mu nzara nsa,ku buryo batigeze babrya ngo bahage. ‘’
Arakomeza ati’’ Ariko Imana ihindura amateka nakomeje kuyitakira, nza kumva itorero ryacu rya ADEPR Béthel rimbwiye ko rigiye kunyubakira. Abakirisito bakora ku butunzi bwabo,barateranya banyubakira iyi nzu. Ni iy’amatafari ahiye,y’ibyumba 4 n’uruganiriro, irimo amakaro hose,ifite ubwogero ,ubwiherero n’igikoni.’’

Uretse,inzu, Mukamurera Agnès yanahawe ibiryamirwa n’ibiribwa
Nanone ati’’Banampaye matora 2, iyanjye n’iy’abashyitsi,ubu noneho ndasenga Imana ngo ibazane kuko n’icyo kubagaburira bakimpaye. Ndanezerewe cyane. Ndashimira mbere na mbere perezida wacu Paul Kagame utuma ibi byose bigerwaho ku bw’umutekanu usesuye aduha, nkanashimira abitanze bose ngo mbone aho mba,nkurweho igisuzuguriro‘’
Avuga ariko ko iyi nzu nta mashanyarazi arimo, amazi ari kure, ko nubwo nta sambu afite ariko abonye inka yayorora neza ikamugeza kuri iyo sambu, agasaba ko na byo yabihabwa.
Umushumba w’itorero ADEPR Béthel, Past.Ukwigize Lazare,yashimiye abakirisito 400 b’iri torero n’abafatanyabikorwa babo bitanze ngo iyi nzu iboneke, banabone ibyakirizwa imiryango yasezeranye byemewe n’amategeko kuko itorero ryiyemeje kubakorera umunsi mukuru ngo bitinyure n’abandi bitwaza ubukene ntibasezerane byemewe n’amategeko.
Ati’’ Byerekana ubumwe dufitanye nk’itorero, kuko budahari ntibyakorwa. Nk’uyu Mukamurera Agnès inzu yashoboraga kumugwaho umwanya uwo ari wo wose, dukusanya ubushobozi,tumwubakira iriya nzu y’agaciro ka 5.000.000, tunamubonera ibiryamirwa n’ibimutunga igihe gito by’agaciro k’amafaranga 300.000.’’
Yunzemo ati’’ N’iyi miryango yabanaga idasezeranye yari iduhangayikishije cyane.kuko ntiwavuga ko uri umukirisito wuzuye ubana n’uwo mutasezeranye byemewe n’amategeko,. Mwabonye ko ibyishimo byayirenze kubera iyi ntambwe ikomeye yateye.’’
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rwimbogo, nzayishima Joas, yashimiye itorero ADEPR ibi bikorwa byombi, bigamije kuzamura imibereho y’abaturage,biri muri gahunda ya Leta, anavuga ko ubusanzwe amadini n’amatorero ari abafatanyabikorwa b’indashyikirwa b’uyu murenge.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rwimbogo, Nzayishima Joas ashyikiriza Mukamurera Agnès imfunguzo z’inzu yashyikirijwe
Ati’’ Uyu muturage yabaga mu nzu mbi cyane,yenda kumugwaho. Ariko kubera ubufatanye bwiza n’itorero ADEPR,abonye aho aba. Imiryango yabanaga idasezeranye na yo yasezeranye biturutse ku nyigisho twafatanyijemo n’iri torero. Ni ibikorwa twishimira cyane.’’
Ku byerekeranye n’ibyo Mukamurera asaba,byo kubona amashanyarazi ,amazi n’inka yo korora,uyu muyobozi yamwijeje ko na byo azabigezwaho kuko biri muri gahunda za Leta zizamura imiberehomyiza y’abaturage.
Gitifu Nzayishima Joas,avuga ko uyu murenge wa Rwimbogo ayoboye ukirimo imiryango 64 iba mu nzu zishaje cyane,zikeneye kuvugururwa,ukanagira imiryango 26 irimo kwigishwa ngo na yo izatere intambwe vuba yo gusezerana byemewe n’amategeko, akizera imbaraga z’abafatanyabikorwa barimo amadini n’amatorero ngo byose bizashoboke.

Abayobozi bamushyikiriza inzu ku mugaragaro

Yanahawe ikigega cy’amazi

Ibyishimo byari byose kwa Mukamurera Agnès wari wakiriye abayobozi banyuranye mu nzu ye nshya yari amaze gushyikirizwa

Mukamurera Agnès n’umuryango we bishimira inzu ahawe.

Imwe mu miryango yasezeranye byemewe n’amategeko

Imiryango 6 yasezeranye byemewe n’amategeko mu murenge wa Rwimbogo mbere yo gushyikiriza Mukamurera Agnès iyi nzu
@Rebero.rw

Amatorero nashyira imbaraga hamwe kuri ibi bikorwa bizabafasha guhigurana na Leta ikibazo cya HSI. Hari ibyagabanywa kugira ngo bigerweho. Kubaka cg kuvugurura insengero, kugura ibikoresho bya korali, ibiterane n’ibirori, bihagaze umwaka umwe gusa haba hubakiwe imiryango itari hasi ya 50!!!!!! Kandi uyu ni umurimo w’Imana.