Ihuriro Union Sacrée rishyigikiye Perezida Felix Tshisekedi rirashinja Inama y’Abepisikopi Gatulika (CENCO) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umugambi wo gusenya inzego muri iki Gihugu no gukorana na Joseph Kabila wayoboye iki Gihugu, nyuma yuko yamaganiye kure umugambi wo gushaka kuvugurura Itegeko Nshinga.

Itangazo rya CENCO ryagiye hanze nyuma y’Inteko Idasanzwe yayo, ryavugaga ko ryamaganye ryivuye inyuma igikorwa icyo ari cyo cyose cyaba kigambiriye guhindura Itegeko Nshinga kuko kamarampaka iteganyijwe ishoboza kuzana ubwumvikane bucye mu Gihugu.
Iyi Nama y’Abepisikopi Gatulika muri Congo kandi urugendo ruganisha ku guhindura Itegeko Nshinga, ruri kurangwa n’amakimbirane, ubwoba, igitutu, no kwigiza ku ruhande amajwi y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, ikavuga ko ibi bishobora guca intege amasezerano yari ahari agamije kugera ku mahoro.
CENCO kandi yasabye Perezida Tshisekedi kubaha indahiro yarahiriye ku Itegeko Nshinga ashaka guhindura, ndetse akanashyira imbere inzira z’ibiganiro.
Ihuriro Union Sacrée rya Tshisekedi, mu itangazo ryashyize hanze risubiza irya CENCO, ryashinje iyi Nama y’Abepisikopi “Igikorwa cyo gusenya kigambiriye inzego zemewe n’amategeko kandi zishingiye kuri Demokarasi.”
Rivuga ko ahubwo ibyatangajwe n’Inama y’Abepisikopi, ngo “bishobora kuzana imyivumbagatanyo mu baturage kandi ko bihabanye n’ibiteganywa n’Itegeko Nshinga.”
Iri Huriro kandi rishinja kandi “bamwe mu basenyeri” ngo “gukorana na Joseph Kabila” ngo na “Perezida Paul Kagame w’u Rwanda”, ngo “n’abafaranyabikorwa babo ba M23.”

Union Sacrée yabuze kandi ko “ishaka kwibutsa ko RDC ari Igihugu kitayoborwa hagendewe ku Idini” ndetse ko “kiliziya Gatulika idafiye ijambo ku nzego Leta Cyangwa ku Banyekongo.
Iri Huriro ryasabye Abasenyeri gutuza, ubundi bakareka Abaturage ba Congo bakazihitiramo ikibabereye mu matora ya kamarampaka yo kuvugurura Itegeko Nshinga.
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo, bakomeje kwamaganira kure uyu mugambi wazamuwe na Tshisekedi wo guhindura Itegeko Nshinga, agamije kuguma ku butegetsi ubwo manda rimwerera zizaba zirangiye.
@REBERO.RW
