Perezida wa Kenya, William Ruto,yayoboye inama y’igihugu y’ubuzima, izwi nka Kenya Health Summit, yabereye muri Kenyatta International Convention Centre (KICC) i Nairobi.
Iyi nama yahuje abafatanyabikorwa batandukanye bafite uruhare mu rwego rw’ubuzima, bagamije kungurana ibitekerezo ku bibazo by’ingenzi byugarije uru rwego no kurebera hamwe ingamba zafasha kurushaho kunoza serivisi z’ubuzima mu gihugu.
Perezida Ruto yayoboye ibiganiro byibanze ku kumva ibitekerezo by’abafatanyabikorwa batandukanye, hagamijwe gushyiraho umurongo w’ibikorwa uzafasha Kenya gukomeza guhindura no guteza imbere urwego rw’ubuzima.

Abitabiriye iyi nama barimo inzego za Leta, abatanga serivisi z’ubuzima, abafatanyabikorwa mu iterambere ndetse n’abandi bafite uruhare mu igenamigambi n’ishyirwa mu bikorwa rya gahunda z’ubuzima.
Iyi nama kandi yabaye umwanya wo kugaragaza ibibazo bikomeye bikibangamiye urwego rw’ubuzima, no kurebera hamwe uburyo byakemurwa binyuze mu bufatanye bw’inzego zitandukanye.
Perezida Ruto yashimangiye ko kumva ibitekerezo by’abafatanyabikorwa ari ingenzi mu gushyiraho ingamba zishingiye ku byifuzo n’ibikenewe mu rwego rw’ubuzima.

Kenya Health Summit ikaba igamije gutanga umurongo w’ibikorwa bizakurikizwa mu rugendo rwo kuvugurura, kunoza no guteza imbere urwego rw’ubuzima, kugira ngo abaturage barusheho kubona serivisi z’ubuzima zinoze kandi zibageraho.
@Rebero.rw
