Thomas Partey wahoze akinira ikipe ya Arsenal yahakanye gufata ku ngufu abagore babiri no gukora ihohotera rishingiye ku gitsina ku wundi mugore wa gatatu.
Uyu Munya-Ghana ukina hagati mu kibuga yahakanye ibirego bitanu byo gufata ku ngufu n’ikirego kimwe cy’ihohotera rishingiye ku gitsina ubwo yitabaga urukiko rwa Southwark Crown Court i London ku wa gatatu.

Ibyo byaha aregwa bivugwa ko byabaye hagati y’umwaka wa 2021 n’uwa 2022, ubwo uyu mukinnyi w’imyaka 32 yakinaga mu buryo buhoraho muri shampiyona y’umupira w’amaguru y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza, yitwa Premier League.
Yarezwe nyuma y’iminsi ine avuye muri Arsenal, nyuma yuko kontaro ye irangiye mu mpera ya Kamena (6) uyu mwaka.
Partey yarekuwe by’agateganyo kugeza ubwo urubanza rwe ruzaba rutangiye mu mizi, byitezwe ko ruzatangira ku itariki ya 2 Ugushyingo (11) mu mwaka utaha, muri urwo rukiko n’ubundi.
@REBERO.RW
