Musenyeri Donatien Nshole, umunyamabanga mukuru wa CENCO, yavuze ko bashyigikiye ko haba ibiganiro bidaheza bigamije gucyemura amakuba yugarije DRC
Inama y’abepisikopi gatolika muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (CENCO) yamaganye igihano cy’urupfu urukiko rukuru rwa gisirikare rwakatiye Joseph Kabila wahoze ari Perezida w’icyo gihugu.
Aba basenyeri bavuze ko icyo gihano cy’urupfu Kabila yakatiwe ku wa kabiri w’icyumweru gishize kinyuranyije n’indangagaciro z’ivanjili, bashimangira ko kiri mu mujyo wo kwihorera kandi ko kidateza imbere amahoro cyangwa ubumwe mu gihugu.

Ahubwo bavuze ko bashyigikiye ko haba ibiganiro bidaheza bigamije kucyemura amakuba yugarije DRC.
Mu butumwa bwa videwo bwasomwe ku wa mbere n’umunyamabanga mukuru wa CENCO, Musenyeri Donatien Nshole, yavuze ko “ibiganiro bidaheza ni byo nzira nziza cyane yo gucyemura impamvu muzi z’aya makuba [mu bwinshi] no kugarura ubumwe n’amahoro”.
Kabila yakatiwe igihano cy’urupfu mu rubanza rwaciwe adahari. Urukiko rukuru rwa gisirikare rwo mu murwa mukuru Kinshasa rwamuhamije ibyaha byo mu ntambara n’ubugambanyi.
@REBERO.RW
