Polisi y’u Rwanda yatangaje ko igiye gukaza igenzura ku mbuga nkoranyambaga, zirimo TikTok Live, mu rwego rwo gukurikirana ibikorwa bishobora kunyuranya n’amategeko, birimo no kwamamaza cyangwa gucuruza ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yavuze ko iri genzura ritazagarukira ku bikorwa bibera mu buzima busanzwe, ahubwo ko rizagera no ku bikorwa abantu bakorera ku mbuga nkoranyambaga.
ACP Rutikanga yabivugiye mu kiganiro n’itangazamakuru yahuriyemo n’Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Thierry B. Murangira.
Muri iki kiganiro, inzego zombi zagaragaje abantu bakekwaho kuba bafitanye isano n’inganda zikora inzoga zari zarafunzwe kubera gukora no gucuruza inzoga zitubahirije ubuziranenge busabwa.

Polisi yavuze ko mu gukurikirana bene ibyo bikorwa, itazibanda gusa ku bikorwa bibera hanze y’isi y’ikoranabuhanga, ahubwo ko n’imbuga nkoranyambaga zizajya zigenzurwa.
ACP Rutikanga yavuze ko hari abantu bagikeka ko ibikorwa bakorera kuri internet bitabasha kugerwaho n’inzego z’umutekano, nyamara ko Polisi ibasha kubikurikirana.
Ati: “Tuzatangirira no ku mbuga nkoranyambaga. TikTok Live… Hari bakibwira ko tutababona. Turabakurikirana, turababona.”
Ibi bivuze ko ibikorwa byerekanwa cyangwa bigatangazwa hifashishijwe TikTok Live n’izindi mbuga zo kuri internet na byo bishobora gukurikiranwa igihe bibayeho gukeka ko hari amategeko arimo kunyurwaho.

Polisi n’Urwego rw’Ubugenzacyaha kandi byagaragaje ko gukurikirana ibikorwa by’abantu bakoresha ikoranabuhanga ari kimwe mu bigize ingamba zo gukumira ibyaha no gufata abakekwaho kubigiramo uruhare.
Inzego zombi zisaba abakoresha imbuga nkoranyambaga kwirinda kuzikoresha mu bikorwa binyuranyije n’amategeko, kuko kuba igikorwa kibera kuri internet bidakuraho ko gishobora gukurikiranwa n’inzego zibifitiye ububasha.
@Rebero.rw
