Rwanda NGO Forum, ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC), yakomeje ibikorwa byo gukangurira abaturage kwirinda indwara ya Bilharziya n’iziterwa n’inzoka zo mu nda, hibandwa ku matsinda ari mu byago byinshi byo kwandura muri Bugesera na Ruhango.
Ibi bikorwa byibanze ku biganiro byihariye hagati y’abatanga ubutumwa mu baturage (Interpersonal Communication – IPC), ndetse no ku igenzura ry’ibikorwa byo kurwanya izi ndwara mu baturage bakora imirimo ibahuza kenshi n’amazi mabi, cyane cyane abahinzi bakorera mu bishanga n’abarobyi.

Mu Karere ka Bugesera n’aka Ruhango, aya matsinda yatoranyijwe kubera ko imirimo yabo ya buri munsi ibasaba gukorana n’amazi mabi, akaba ari yo nzira nyamukuru ishobora gutuma umuntu yandura Bilharziya.
Mu biganiro byatanzwe, abaturage basobanuriwe uburyo Bilharziya n’indwara ziterwa n’inzoka zo mu nda zandura, ndetse n’ingamba zafasha kugabanya ibyago byo kuzandura.
Hibanzwe kandi ku gukoresha neza ibikoresho birinda umubiri mu gihe abaturage bakora imirimo ibahuza n’amazi, ndetse no kubahiriza isuku n’isukura (WASH), birimo gukoresha ubwiherero, kwirinda kwituma ku gasozi cyane cyane hafi y’ibibaya by’amazi, no gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune.
Abaturage kandi bashishikarijwe kujya kwa muganga hakiri kare igihe bagize ibimenyetso bishobora kuba bifitanye isano n’izi ndwara, kugira ngo basuzumwe kandi bahabwe ubuvuzi ku gihe.
Ibi bikorwa biri mu ngamba zo kugera ku ntego yo guhagarika ikwirakwira ry’izi ndwara (Interruption of Transmission – IoT), aho u Rwanda rwihaye intego yo kugabanya ubwandu bwa Bilharziya n’iziterwa n’inzoka zo mu nda bukagera munsi ya 2% mu duce twibandwaho bitarenze mu 2027.
Iyi gahunda kandi ihuye na National NTD Strategic Plan 2026–2030, ndetse ikaba ishyigikira intego zashyizweho n’Umuryango w’Ubuzima ku Isi (WHO) mu NTD Roadmap n’ibikubiye mu Kigali Declaration on NTDs.
Bilharziya ni indwara iterwa n’udukoko twangiza umubiri kandi ikunze kwandurira mu mazi arimo udukoko tuyitera. Abantu bakora imirimo ibahuza kenshi n’amazi, barimo abarobyi n’abahinzi bakorera mu bishanga, baba bafite ibyago byinshi byo kuyandura iyo batabanje gufata ingamba zo kwirinda.

Ku rundi ruhande, indwara ziterwa n’inzoka zo mu nda zishobora gukwirakwira ahantu hatubahirizwa isuku n’isukura, cyane cyane aho usanga ikibazo cyo kutagira ubwiherero buhagije cyangwa kwituma ku gasozi.
Rwanda NGO Forum n’abafatanyabikorwa bayo bakomeje gushimangira ko gukumira izi ndwara bisaba uruhare rw’abaturage ubwabo, cyane cyane mu kubahiriza isuku, gukoresha ubwiherero no kwirinda gukorana n’amazi mu buryo bushobora kongera ibyago byo kwandura.
Ibikorwa nk’ibi bigamije gufasha u Rwanda kugabanya umubare w’abandura indwara zititaweho cyane (Neglected Tropical Diseases – NTDs), no guteza imbere ubuzima bw’abaturage, cyane cyane ababa mu duce dukunze kwibasirwa n’izi ndwara.
@Rebero.rw
