Perezida John Mahama yanenzwe n’abadepite batavuga rumwe n’ubutegetsi kubera ko atagejeje mu nteko ayo masezerano yo kwakira abirukanwe kugira ngo yemezwe

Umunyamategeko w’abantu 11 bafungiye muri Ghana nyuma yuko birukanwe muri Amerika, yabwiye BBC ko bareze leta y’icyo gihugu cyo muri Afurika y’uburengerazuba.
Oliver-Barker Vormawor yavuze ko abirukanwe batarenze ku itegeko na rimwe rya Ghana, ndetse ko kubera iyo mpamvu ifungwa ryabo mu kigo cya gisirikare rinyuranyije n’amategeko.
Uwo munyamategeko yongeyeho ko ashaka ko leta ya Ghana igeza iryo tsinda mu rukiko, ndetse igasobanura impamvu bafunze binyuranyije n’ubushake bwabo.

Leta ya Ghana nta cyo yari yatangaza kuri icyo kirego, ariko mbere yavuze ko iteganya kwemera kwakira abandi bantu 40 birukanwe.
Abadepite batavuga rumwe n’ubutegetsi barimo gusaba ko ayo masezerano yo kwakira abirukanwe n’Amerika ahagarikwa aka kanya, agategereza kwemezwa n’inteko ishingamategeko, bavuga ko ibyo bisabwa n’amategeko ya Ghana.
@REBERO.RW
