Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) yongeye ikirombe cya coltan cya Rubaya kigenzurwa n’inyeshyamba za AFC/M23 ku rutonde rugufi rw’imitungo y’ingenzi cyane irimo guha Amerika mu rwego rw’ubufatanye bushingiye ku mabuye y’agaciro, nkuko ibiro ntaramakuru Reuters byabitangaje, bishingiye ku nyandiko ya leta byabonye.

Ikirombe cya Rubaya, kiri muri teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu ya Ruguru, ni kimwe mu bigega bihunitse tantalum nyinshi cyane ku isi ikorwamo ibikoresho byo mu ikoranabuhanga rya elegitoronike.
Reuters yatangaje ko umutegetsi wo hejuru wo muri DRC n’umudipolomate w’Amerika bemeje uko kongera ikirombe cya Rubaya kuri urwo rutonde rugufi rwatanzwe mu nama y’Amerika na DRC yabereye i Washington DC ku itariki ya 5 y’uku kwezi kwa Gashyantare (2), mu guteza intambwe amasezerano ku mabuye y’agaciro acyenewe cyane muri iki gihe, yashyizweho umukono mu Kuboza (12) kw’umwaka ushize.
Abo bategetsi babiri bavuganye na Reuters ntibifuje gutangazwa amazina kubera ubukana bw’iyi ngingo.
Umukuru wa M23 akaba n’umuhuzabikorwa wungirije w’ihuriro AFC/M23 yavuze ko leta ya DRC irimo kwishuka ko ifite “intwaro ikomeye” y’amabuye y’agaciro acyenewe cyane, igamije kuyakoresha nk’igikangisho ku bihugu bikomeye.

Mu butumwa yatangaje ku rubuga nkoranyambaga X, Bertrand Bisimwa yagize ati: “Kugurisha ku mugaragaro ikintu udafite kandi utagenzura ni igerageza ry’amaburakindi ryo kuramuka [kurokoka].”
Ibi bishyize Rubaya – igenzurwa n’izi nyeshyamba zivugwa henshi ko zifashwa n’u Rwanda ariko rwo rukavuga gusa ko rwashyizeho “ingamba z’ubwirinzi” – mu muvuno wa Kinshasa wo gushaka kwinjiza ishoramari rya Washington mu burasirazuba bwa DRC, bukize ku mabuye y’agaciro ariko bumaze imyaka mu ntambara.
Ibyo byatuma Amerika igera kuri tantalum – ikurwa muri coltan – icyenewe cyane muri iki gihe, ikoreshwa mu bikoresho bigezweho bya elegitoronike nka mudasobwa, telefone zigendanwa no mu gukora indege.
DRC igereranya ko ikirombe cya Rubaya gicyeneye amafaranga ari hagati ya miliyoni 50 z’amadolari (arenga miliyari 73 FRW) na miliyoni 150 z’amadolari (arenga miliyari 219 FRW) kugira ngo cyongere gukora mu buryo bunoze kandi cyongere n’umusaruro wo mu bucuruzi, nkuko iyo nyandiko isubirwamo na Reuters ibivuga.

Amerika irashaka kugera ku mutungo kamere unyuranye mu gihe irimo guhangana no kuba Ubushinwa bwagira ijambo rikomeye muri Afurika, ndetse ikubaka ububiko bw’amabuye y’agaciro acyenewe cyane mu ikoranabuhanga ryo muri iki gihe.
@REBERO.RW
