Abana bahiga na bo bishimira uburyo bitaweho
Ababyeyi barerera mu ishuri ryisumbuye rya Rangiro ( ES Rangiro) riri mu murenge wa Rangiro,akarere ka Nyamasheke bishimira ko rimaze imyaka myinshi ritsindisha abarirangizamo ku kigero cya 100/100 bikabaha icyizere cy’ireme ry’uburezi ritajegajega ry’abana babo.
Byagarutsweho mu nama yabahuje n’ubuyobozi bw’iri shuri, bamaze gusobanurirwa uko umwaka ushize abana batsinze,haba mu bizamini bya Leta bisoza ibyiciro byombi,hanaba mu bizamini byo ku ishuri, abaganiriye na Rebero.rw bakavuga ko bidatangaje,iyi mitsindire imaze imyaka myinshi ari yo ibatera gukomeza kuharerera.
Vumiliya Belancille umaze kuharerera abana 2 avuga ko yahazanye uwa mbere yarabonaga amanota make aho yigaga mbere, ahageze akora ibisa n’ibitangaza,amanota ariyongera cyane, n’icya Leta agitsinda bishimishije, bituma ahazana undi,na we utsinda neza cyane.

Vumiliya Belancille avuga ko aharereye kenshi, yishimira uburyo abana babo bafatwa bikazamura ireme ry’uburezi
Ati” Igihe bazatubwira ko abana batsinze munsi ya 90/100 ni byo bizadutungura na ho ubundi tuza mu nama twizeye kuko nta mwana uhiga ndumva yatsinzwe,ni yo mpamvu kuharerera ntabitezukaho.”
Rév. Past. Riberakurora Daniel, uvuga ko uretse umwana we, na murumuna we yahize atsinda cyane, agasanga biterwa n’ubwitange bw’aberezi, ubuyobozi bw’ishuri n’ubufatanye n’ababyeyi, ariko n’aho riherereye hakabigiramo uruhare rukomeye cyane.

Rév. Past. Riberakurora Daniel avuga ko n’aho iri shuri riri hafasha mu myigire myiza n’imitsindire y’abanyeshuri
Ati” Kuba riri muri aya mahumbezi aturuka muri pariki y’igihugu ya Nyungwe n’aya mashyamba yandi rituriye, ryitaruye ibirangaza by’imijyi, abana bagaburirwa neza nk’uko babivuga, natwe tubyibonera twabasuye, bakanaryama bisanzuye ugereranije n’ahandi turerera, na byo bibigiramo uruhare runini cyane.”
Kuri ibi, Mukasine Jacqueline na we uharerera asanga n’ababyeyi bakurukirana abana babo, bakabasura buri gihe, bakabaganiriza, bakabaha morali,biri mu byongera imitsindire yabo.
Ati” Ikindi mbona,nkurikije uko abana banjye bambwira, baba abiga hano cyangwa ahandi, ni ugukurikirana imyigire y’umwana,ukanamuha ibisabwa byose ku gihe,ukamusura mukaganira ukamuha inama za kibyeyi ukanamucyaha aho biri ngombwa,ntumutinye.”

Mukasine Jacqueline yemeza ko gusura abana no gukurikirana imyigire yabo bigira uruhare rukomeye mu gutsinda neza kwabo
Yarakomeje ati” Narabikoze rwose bitanga umusaruro ukomeye cyane. Ni byo nshishikariza ababyeyi bose, baba abarerera hano cyangwa ahandi.”
Abana na bo bunga mu ry’ababyeyi babo,bavuga ko gukurikiranirwa hafi n’inzego zose bibatera imbaraga zo gutsinda cyane.
Cyubahiro Peace Blaise wiga mu wa mbere, avuga ko gusurwa na nyina akamuha impanuro byamuteye imbaraga zo gutsinda cyane.
Ati” Yaraje aranganiriza ambwira kuzongera amanota, anyihanangiriza,anambwira ko azampemba. Nashyizeho umwete kubera iryo jambo, bigenda neza cyane, n’ubu ansigiye izindi mbaraga zizamfasha gutsinda neza iki gihembwe ari yo mpamvu nsaba n’abandi babyeyi kubigerageza, bazabona impinduka.”
Umuyobozi wa komite y’ababyeyi baharerera, Nsengiyumva Edouard asaba ababyeyi gukomeza uruhare rwabo mu gutegura abana babo kugira ngo barusheho gutsinda cyane.

Umuyobozi wa komite y’ababyeyi baharerera Nsengiyumva Edouard asaba ababyeyi gukomeza uruhare rwabo mu gutegura abana babo kugira ngo bakomeze batsinde cyane
Ati” Dukomeze uruhare rwacu, duhe abana ibikenewe byose ngo bige neza, ibindi icyizere dufitiye abaturerera n’ubuyobozi bw’ishuri kizatuma n’abumvaga batahazana abana babo kubera ko ari mu cyaro cyane bahindura imyumvire.”
ES Rangiro ni ishuri ry’itorero EMLR. Ryafunguye imiryango mu 1997 ari ryo rukumbi ryisumbuye ryabaga mu yari komini Kirambo,imirenge y’ubu ya Rangiro na Cyato.
Ubu rifite icyiciro rusange n’amashami 4,arimo iry’ibyerekeranye n’amazi,iryo gutegura amafunguro, n’amashami yahindutse aho iryari HEG ryahindutse HGL na EKK ryahindutse LFK.
Umuyobozi waryo Mushimiyimana Jérémie, avuga ko umwaka ushize,mu cyiciro rusange bari bafite abana 114 batsinda bose 100/100,kimwe n’ishami rya HEG, abigaga muri EKK ni bo batujuje uwo mubare kuko muri 50 bakoze,hatsinze 41, abo 9 batatsinze bemerewe gusibira ubu barashishikaye.

Umuyobozi wa ES Rangiro, Mushimiyimana Jérémie yizeza ko n’abari mu mashami azakora icya Leta umwaka utaha bazatsinda neza kuko bari gutegurwa bihagije
Ati”Tubikesha gukorera hamwe no guhugurana kw’abarimu,uwo bagenzi be babona ari mushya, ataramenyera bakamufasha, n’umwana aho adasobanukiwe agafashwa neza, n’uburyo ababyeyi benshi bita ku nshingano zabo zo kwita ku mirerere y’abana babo, kimwe n’uburyo ubuyobozi budukiriye budukurikiranira hafi, byose bigafataniriza hamwe gutanga uyu musaruro twishimira.”
Na we yemera ko n’aho ishuri riherereye ubwaho hafasha abana kwiga neza, uburyo bafatwa haba mu myitwarire,imikino,imirire n’imiryamire na byo bikabigiramo uruhare rukomeye cyane nk’uko ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi( NESA) cyabasuye kikabashimira uburyo abana barara.
Avuga ko ibi byose bigira ishuri ayoboye indashyikirwa mu mitsindire bizakomeza, akaboneraho gushimira cyane umukuru w’igihugu Paul Kagame,imbaraga ashyira mu burezi zatumye n’ibyaro byutwaga bibisi bishyirwamo amashuri y’icyitegererezo.

Ababyeyi bashimiye ishuri imbaraga rishyira mu guharanira gutsinda 100% buri mwaka
Anashimira akarere ka Nyamasheke n’umurenge wa Rangiro uburyo bababa hafi ngo n’ibibazo bigenda biboneka bikemuke.
Anizeza ko abiga mu mashami y’ibijyanye n’amazi n’ubutetsi bazakora ibizamini byabo bya mbere umwaka utaha, bari gutegurwa neza ku buryo na bo bazagera ikirenge mu cya bagenzi babo.
Umukozi w’umurenge wa Rangiro ushinzwe uburezi, Hakizimana Jean, ashimira ababyeyi bumva neza inshingano zabo zo kurera, akizeza ko ubuyobozi bw’umurenge wa Rangiro butazahwema kwita kuri iri shuri na ryo riwuhesha ishema buri mwaka.
@Rebero.rw

ES Rangiro nibisanzwe ntagishys yakoze Kuva imyaka myinshi abana bahiga batsinda neza cyane ariko kdi Umuyobozi w’iki Kigo Mushimiyimana Jeremie navugako iyi ntsinzi ariwe tuyikesha kuko Kuva yatangira kukiyobora niho gutsindisha byatangiye kukigaragara m gusa nasaba Leta Kuba yavugurura inyubako hagashyirwa inyubako zijyanye nigihe kuko haduhesha ishema twese.