Amakipe ari ku mukino wa nyuma wa BetPawa Playsoffs waraye ubaye uhuza APR Basketball na REG Basketball umukino waje kurangira APR Basketball ikomeje gushimisha abakunzi bayo mu gihe REG Basketball nayo igomba gukora uko ishoboye ngo abakunzi bayo badakomeza gutahana agahinda.
Ni umukino waraye ubaye kuri uyu wa gatatu tariki ya 2 Nyakanga 2025 aho wangiye ikipe ya APR Basketball yegukanye intsinzi ku manota 91 mu gihe REG Basketball yari ifite 86 yahatanye kugera ku munota wa nyuma itsinzwe.

Abakurikiranye uyu mukino waya makipe yageze ku mukino wa nyuma n’ubundi amahirwe bayahaga ikipe ya APR Basketball kubera inzira yanyuzemo muri ½ kuko yahakoreye imyitozo ihagije mu gihe ikipe ya REG Basketball yo yatsinze imikino itatu ibanza igahita igera ku mukino wa nyuma.
Gusa ukurikije uko umukino warangiye bigaragara ko ikipe ya REG Basketball nayo ishobora kuzatanga akazi ku ikipe ya APR Basketball nubwo hakiri kare, ariko benshi mubakurikiranira hafi imikino ya Basketball bemeza ko ikipe ya APR Basketball izegukana iki gikombe.
Imikino yo guhatanira umwanya wa mbere irakomeza kuri uyu wa gatanu tariki ya 4 Nyakanga umukino uzaba ari uwa kabiri mu mikino 7 biteganijwe ko bazakina ariko uzegukana imikino 4 azahita ahabwa igikombe.

Guhatanira umwanya wa gatatu nawo uratangira kuri uyu wa gatanu tariki ya 4 Nyakanga hagati ya Patriot na UGB ariko bo bakazakina imikino itatu uzayitsinda mbere akegukana umwanya wa gatatu.
@Rebero.rw
