Indege yarenze umuhanda mbere yo kugwa mu ruzitiro no gukomeretsa abapilote muri Indoneziya.Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, Cessna Grand Caravan yageze ku kibuga cy’indege cya Aminggaru kiri kure mu gace ka Puncak, muri Papouasie yo hagati.
Ariko indege yoroheje yavuye mu nzira maze igonga uruzitiro mbere yo gufatwa n’umuriro.Abayobozi bavuze ko pilote n’umutekinisiye bari kumwe na we bakomeretse byoroheje. Indege ya Amole Air yari itwaye imizigo icyo gihe nta bagenzi bari bayirimo.
Umuyobozi wa Polisi muri Puncak, Mardi Marpaung, yagize ati: ‘Indege yahagurutse ku kibuga cy’indege cya Mozes Kilangin muri Timika yitwaje ibyuma byoroheje byo kubaka.

Abakozi bombi babashije gusimbuka mu ndege bararokorwa bakomeretse byoroheje. Nta bandi yakomerekeje yasanze kuri urwo ruzitiro.
Polisi yavuze ko indege yaguye neza ariko nyuma ikarenga umuhanda. Pilote Andi Rezhar n’umutekinisiye Amianus bakomeretse byoroheje bajyanwa mu bitaro kwivuza. Abayobozi ubu barimo gukora iperereza ku cyateye iyi mpanuka.
@Rebero.rw
