Kuri uyu wa gatanu haraza guca uwambaye muri volleyball aho amakipe akomeye aribuze guhura ku munsi wa gatatu wa shampiyona ya volleyball mu bagabo no mubagore.

Nyuma yo gutungurwa kw’amakipe atandukanye ku munsi wakane wa shampiyona ya Volleyball aho uwo munsi warangiye ikipe nka APR VC yatunguwe na Kaminuza Nyafurika y’Iburasirazuba (EAUR) mu bagabo.
Naho mu bagore ikipe ya Police VC ikomeje kwitwara neza kuko yatsinze imikino yayo yose yo kumunsi wa 4 wa shampiyona ya Volleyball ikomeza kuyobora andi makipe mu kiciro cya bagore.
RWANDA REVENUE AUTHORITY (RRA WVC) niyo iyoboye urutonde rw’agateganyo mu bagore aho ikurikirwa na ARMEE PATRIOTIQUE RWANDAISE (APR WVC) izi kipe zombie zikaba zari zahuye mu mukino wari ishyiraniro wo kumunsi wa kane maze ikipe ya RRA WVC ikaza gutsinda APR WVC.

Aya makipe yombi akaba azongera gukina umunsi wa 5 wa shampiyona aho RRA WVC igomba guhura na Police WVC nayo itoroshye kuko yatinze umukino bari bahuyemo na Kepler (KEP).
Mubagabo hazaca uwambaye kuko ku munsi wa gatanu wa shampiyona ya volleyball amakipe ya Gisagara agomba kwesurana n’ikipe ya APR uyu mukino ukaba uzaba ku isaha ya saa kumi nebyiri naho ikipe ya Police VC ikaba igomba guha n’ikipe ya Kaminuza ya Kepler uyu mukino ukaba uzatangira saa mbiri z’umugoroba.

Iyi mikino yose iteganyijwe kuba kuri uyu wa gatanu guhera saa kumi ishyirahamwe ry’umukino wa volleyball rikaba risaba abakunzi buyu mukino kugura amatike hakirikare kubera ko iyi mikino izabera muri sitade ntoya kandi ikaba yakira abantu bake abafana bakaba basabwa kugura amatike yabo kare.
@REBERO.RW
