Umukobwa w’imyaka 11 ukomoka muri Siyera Lewone bamusanze yihishe mu nyanja ya Mediterane ku nkombe ya Lampedusa, mu Butaliyani, akaba atekereza ko ari we wenyine warokotse ubwato bwimuka bwarohamye nyuma yo kuva i Sfax, muri Tuniziya.
Nk’uko byatangajwe na Katja Tempel, umuvugizi wa Compass Collective Germany, “Yatubwiye ko hari hashize iminsi ine cyangwa itanu i Sfax, muri Tuniziya, mu bwato bw’icyuma habaye umuyaga mwinshi cyane hagati ya Lampedusa na Tuniziya ubwato bwaribiye nyuma y’iminsi itatu ishize Kandi k’umunsi umwe, yari mumazi nabandi bantu babiri nabo hari ukuntu bahuye nawe mumazi. Ariko nyuma y’umunsi umwe wo mumazi, abantu bombi barazimira We ntiyashobora kubagezaho ijwi rye. Hanyuma rero avuga ko ari mu mazi iminsi ibiri kugeza tumubonye. “

Mugihe abatabazi batabaye, abatabazi bo mumuryango utegamiye kuri leta Compass Collective bumvise umukobwa utabaza byihutirwa.
Uyu mukobwa utaravuzwe izina, ukomoka muri Siyera Lewone, yavuze ko yagiye hamwe n’abandi 44 bo muri Sfax muri Tuniziya. Ubwato bwabo bwari bwaramanutse, bikekwa ko abimukira basigaye bapfuye.
Katja yagize ati: “Amahirwe yo kuba duhari kandi hafi y’uyu mukobwa ku buryo ijwi rye rishobora kutugeraho ridasanzwe.”
@Rebero.rw
