Hasigaye iminsi 100 gusa ngo Igikombe cya 35 cy’ibihugu by’Afurika gitangire kandi kuri iyi nshuro, Maroc yiteguye kwakira ibirori bikomeye by’umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika, kuva ku ya 21 Ukuboza 2025 kugeza ku ya 18 Mutarama 2026.
Hari hashize imyaka 37 kuva Maroc iheruka kwakira AFCON kandi Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika rivuga ko iyi nshuro yiteguye kuba nini kurusha izindi zose, igamije guca amateka yashyizwe muri AFCON 2023, yahuje miliyari 1.5 n’abareba televiziyo ndetse na miliyari zisaga 2,4.

CAF irahamagarira abafana hirya no hino muri Afrika kwitegura amarushanwa azahuza umugabane kandi akerekana umupira nyafurika kurwego rwisi nka mbere.
@Rebero.rw
