Cameroun Barimo kubara amajwi mu gihe Paul Biya w’imyaka 92 yiteze manda ya 8 Paul Biya arimo gutora kuri iki cyumweru i Yaoundé yari yaherekejwe n’umugore we Chantal
Nyuma y’amatora yabaye ejo ku cyumweru muri Cameroun ubu barimo kubara amajwi mu gihe byitezwe cyane ko Perezida Paul Biya, ukuze kurusha abandi ba perezida ku isi, ashobora gutsindira manda ya munani yamugeza ku gutegeka iki gihugu imyaka 50.

Uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi bwe kuri iyi nshuro, kurusha ikindi gihe cyose mbere, rwaharaniye cyane ko habaho impinduka. Muri bo harimo Issa Tchiroma w’imyaka 76 wahoze ari umuvugizi wa leta wabashije kwigarurira abantu benshi mu kwiyamamaza kwe avuga ko Biya akwiye guhigama.
Ibiro ntaramakuru Reuters bivuga ko abasesenguzi bavuga ko Paul Biya uri ku butegetsi kuva mu 1982 ashobora kongera gutorwa muri aya matora yarimo abakandida icyenda(9) aho abaturage bagera kuri miliyoni umunani(8) bari biyandikishije ngo batore.

Ibyavuye muri aya matora bigomba gutangazwa mu minsi itarenze 15 nyuma yayo.
Amaze gutorera hafi y’ingoro ye i Yaoundé, Paul Biya yabwiye abanyamakuru ati: “Reka dutegereze turebe. Reka dutegereze izina ry’uwatsinze”.
@REBERO.RW
