Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Senegali ubu ni Kalidou Koulibaly, myugariro ukomeye uzwiho ubuyobozi n’uburambe bwe. Akaba umwe mu batumye Senegal yegukana ibikombe ku ruhando mpuzamahanga.
Bagenzi be nubwo atabashije gukina umukino wa nyuma kubera amakarita yarafite y’umuhondo ariko ntibyabujije bagenzi be kumuha impano yuko ari umwe mubamaze guhamagarwa inshuro nyinshi mu ikipe y’igihugu ya Senegal
Ku byerekeye Kalidou Koulibaly
Koulibaly akina nk’umwugarizi wo hagati kandi azwiho ubuhanga bwe bukomeye mu kurinda no gusoma umukino. Aherutse gukina ku nshuro ye ya 100 mu ikipe y’igihugu mu gikombe cya Afurika cya 2025, aho yayoboye Senegali mu irushanwa rya 2021ahawe umwanya wo kuyobora bagenzi be.

Ubuyobozi bwa Koulibaly mu kibuga no hanze yacyo bwagize uruhare runini mu kuzamuka kwa Senegal mu mupira w’amaguru mpuzamahanga, bituma aba umuntu wubahwa muri uyu mukino.
Ubu akinira ikipe ya Al-Hilal yo muri Arabie Saudite mu irushanwa ryaho rya Saudi Pro League. Akaba yavukiye mu gihugu cy’Ubufaransa ariko akaba yarahisemo gukinira ikipe y’igihugu ya Senegal.
Koulibaly yatangiye gukina ruhago mu ikipe y’Abafaransa ya Metz mu 2010, mbere yo kujya mu ikipe y’Ababiligi ya Genk mu 2012, atwara igikombe cy’Ububiligi mu mwaka we wa mbere w’imikino. Yinjiye mu ikipe y’Abataliyani ya Napoli mu 2014, aho yatwaye igikombe cya Supercoppa Italiana; yanatwaye Coppa Italia mu 2020.
Kubera ko Koulibaly yavukiye mu Bufaransa ku babyeyi ba Senegal, yari yujuje ibisabwa kugira ngo ahagararire ibihugu byombi ku rwego mpuzamahanga, ndetse yanakiniye ikipe y’igihugu y’Abafaransa y’abatarengeje imyaka 20.

Nyuma yaje gukina imikino ye ya mbere mu ikipe ya Senegal mu 2015, kandi yari mu ikipe ya Senegal yitabiriye igikombe cya Afurika cya 2017. Yashyizwe mu ikipe yahagarariye Senegal mu gikombe cy’isi cya FIFA cya 2018 umwaka wakurikiyeho, hanyuma afasha ikipe ye kugera ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika cya 2019.
Koulibaly na Senegal batsinze irushanwa rya 2021 na 2025, batsinda Misiri na Maroc mu mikino ya nyuma.
Mu ikipe ye ya Al-Hilal ahembwa ama Euro ibihumbi € 667,308 ku cyumweru mu gihe ku mwaka as arura ama Euro miliyoni € 34,700,000 ariko amasezerano ye akaba ateganijwe ko azarangira tariki 30 June 2026 ubu bakaba baratangiye kumwegera ngo bajye mu biganiro
Umugore wa Kalidou Koulibaly

Koulibaly yashakanye na Charline Oudenot. Ni umukunzi wa Kaido mu bwana kandi aba bombi bahuriye mu Bufaransa, babyarana abana babiri.
@Rebero.rw
