Perezida w’inteko ishingamategeko ya Sénégal Malick Ndiaye yatangaje yeguye ku mirimo ye.

Mu butumwa yatangaje ku cyumweru ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yavuze ko yafashe icyo cyemezo “nyuma y’ugutekereza kwimbitse”.
Yavuze ko azakomeza umuhate we ku bwa demokarasi ya Sénégal. Yongeyeho ko mu bihe by’inshingano kuri rubanda no mu bihe by’ibigeragezo byo mu buzima bw’igihugu, “hari ibihe [bigera] aho inyungu y’igihugu ishyirwa imbere, ubushishozi no kwiyumvamo inshingano”.
Ati: “Ni muri urwo rwego, kandi [ni] muri urwo rwego rwonyine, nafashe iki cyemezo.”
Ukwegura kwa Ndiaye kwabaye nta masaha 48 ashize nyuma yuko Perezida wa Sénégal Bassirou Diomaye Faye yirukanye Minisitiri w’intebe Ousmane Sonko, bigatuma guverinoma iseswa.
Ndiaye ni inshuti ya Sonko, wahoze ari inshuti ya Perezida wa Sénégal ariko ubu bakaba bari bamaze igihe bafitanye umubano w’ubushyamirane.

Radio RFI yatangaje ko iyegura rya Malick Ndiaye mu by’ukuri ritumye bishoboka ko Sonko ashobora kumusimbura kuri uwo mwanya, bityo akaba umutegetsi wa kabiri ukomeye mu gihugu.
Ariko mbere yuko ibyo byashoboka, byasaba ko Ousmane Sonko asubirana umwanya we wa Depite yatsindiye mu matora y’abadepite yo mu mwaka wa 2024, iyo ngingo ikaba yitezwe kuganirwaho ku wa kabiri w’iki cyumweru.
Kuri uwo munsi, mu nama rusange y’inteko, abadepite bitezwe no gutora umusimbura wa Malick Ndiaye.
@REBERO.RW
