Ikipe ya Simba SC yo muri Tanzania yageze i Kigali, aho yitabiriye irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026, riteganyijwe gutangira kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Nyakanga rikazarangira ku wa 7 Kanama 2026.
Iyi kipe iri mu makipe ahabwa amahirwe yo kwitwara neza muri iri rushanwa, ikaba yageze mu Rwanda yiteguye guhatanira igikombe kizahuza amakipe akomeye yo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati.
Mu matsinda, Simba SC yashyizwe mu Itsinda B, aho izahangana na Singida Black Stars yo muri Tanzania, Jamus SC yo muri Sudani y’Epfo ndetse na Mogadishu City yo muri Somalia.

Kugera kwa Simba SC i Kigali byakiriwe nk’imwe mu ntambwe zigaragaza ko amarushanwa ya CECAFA Kagame Cup yamaze gufata indi ntera, mu gihe amakipe atandukanye akomeje kugera mu Rwanda yitegura gutangira guhatanira igikombe.
Abakunzi b’umupira w’amaguru bategerejwe kuzitabira ari benshi iri rushanwa, by’umwihariko kubera ko rizahuza amakipe afite amateka n’abakinnyi bafite ubunararibonye, ibintu byitezweho gutanga imikino irimo ishyaka n’ihangana rikomeye.
CECAFA Kagame Cup 2026 izakinwa kuva tariki ya 24 Nyakanga kugeza ku ya 7 Kanama 2026, aho amakipe azaharanira kwegukana kimwe mu bikombe bikomeye byo mu karere.
@Rebero.rw
