Ihuriro Nyarwanda ry’Imiryango y’abantu bafite ubumuga, NUDOR, ryasuraga ikigo kiri mu Murenge wa Mageragere cya GS Burema nka kimwe mu bigo byigaho abana bafite ubumuga,rireba uko gahunda y’uburezi budaheza yubahirizwa.

Ngabonziza Jean Claude ufite ubumuga bwo kutabona avuga ko by’umwihariko abafite bene ubwo bumuga bibakomerera mu gihe abandi barimo gukiza amagara yabo, utabona atamenya aho agana, bigasaba ko aba ari kumwe n’umuntu umufasha. Ati “Mu gihe rero buri wese arwana no gukiza amagara ye, ubwo nyine ahasigaye h’ufite ubumuga bwo kutabona hasigara ari ah’Imana.”
Ngabonziza Jean Claude asanga abatuye mu gace runaka, mu Isibo cyangwa mu Mudugudu bakwiye kumenya abantu bafite ubumuga bahari, ku buryo ubuyobozi bw’inzego z’ibanze buba buzi wa muntu ufite ubumuga baturanye aho muri ako gace, ku buryo niba habaye ibiza bahita bahererekanya amakuru, bakihutira kurokora amagara ye mu gihe habaye ibiza.

ACP Mugwiza Egide, ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (Director General of Response and Recovery Operations) muri Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), na we yemeza ko ingaruka z’ibiza zigera ku bafite ubumuga n’abanyantege nkeya kurusha abandi kuko batabasha kwihuta mu kuva aho ibiza byabereye.
Umukozi mu Ihuriro Nyarwanda ry’imiryango y’abantu bafite ubumuga NUDOR, Ushinzwe kongerera abana ubushobozi,Sekarema Jean Paul, avuga ko hari ibimaze gukorwa mu guteza imbere uburezi bw’abafite ubumuga ariko hakiri imbogamizi.
Ati “Ntabwo navuga ko twagezeyo, haracyari imbogamizi aho usanga abana bafite ubumuga benshi, badashobora kwiga kubera impamvu zitandukanye kubera imyumvire, kwiheza nabo ubwabo bitewe niyo myumvire, harimo abatanga serivisi, ugasanga ntashobora kwiga kuko uwo mwana bamaze kumubonamo ko nta bushobozi, nta ejo heza afite.”

Umuhuzabikorwa w’Inama y’Abafite Ubumuga mu Karere ka Nyarugenge,Richard Kananira,ashimangira ko ababyeyi bakwiye kujyana abana mu mashuri kuko begerejwe uburezi budaheza.
Ati “Ni yo mpamvu mu gihe cy’ubutabazi, mu bantu twitaho bwa mbere ari abo twita ‘vulnerables’ barimo abafite ubumuga, n’abafite intege nkeya nk’abasaza, abakecuru, abana bakiri bato, abantu batwite, ba bandi badashobora kwiruka ngo bahunge, ni bo twitaho bwa mbere.”
@REBERO.RW
